• U Rwanda rwa Gasabo kuva
mu w’1450 kugera mu w’1895
Ijambo “Rwanda” ryaba
rituruka ku nshinga ya kera “kwanda” bivuga
gukwira hirya no hino. Izina “Rwanda” riranga
ahantu urisanga mu ntara ya Busoga iri mu burasirazuba
bwa Uganda, kimwe no muri Ankole. Mu gihugu
cyacu rero hakaba Rwanda rwa Binaga ho mu Rweya
(Mutara), Rwanda rwa Gasabo (banahita Rwanda
rwa Ndanyoye) iri muri Komini Gikomero, hari
na Rwanda rwa Kamonyi (Komini Taba), ndetse
hari na Rwanda yo mu bya Kalemi (Zayire) mu
burengerazuba bw’ikiyaga cya Tanganyika.
Havugwa ko Abanyiginya bagitangira kwigarurira
ibihugu, umusozi batsinze wose wazaga usanga
Rwanda (rwa Gasabo). Aho kuri Rwanda ngo niho
babyariye (biciye) imfizi ya Gihanga y’Ubwami
Rugira, n’insumba yayo Ingizi. Ngiyo
rero “Rwanda rugari rwa Gasabo”,
ngo bavuga gutyo umutima w’Umunyiginya
ugatengurwa n’ibyishimo. Ndetse bakongeraho
ngo “Rwanda rwa Gasabo, urwo mvuga mvumera
iwacu”. Mbese ni mu ngobyi y’ubwami
bw’Abanyiginya.
1.
Ruganzu I Bwimba kugera kuri Mibambwe I Sekarongoro
I Mutabazi I
Umwami wa mbere wimye i Gasabo uzwi mu bitekerezo ni
Ruganzu I Bwimba; icyo gihe Gisaka yari ikomeye kurusha
u Rwanda. Umwami w’i Gisaka yari Kimenyi Musaya
warongoye Robwa, mushiki wa Ruganzu wa I Bwimba.
Ruganzu I Bwimba yishwe n’ingabo z’i
Gisaka. Bavuga ko bimaze kuba ngo uwo Robwa yaba
yarisekuye ku nkota kugira ngo umwana atwite atazavamo
umwami w’i Gisaka. Uwo Ruganzu I Bwimba na
mushiki we Robwa babarirwa mu batabazi bitangiye
ingoma nyiginya.
Ku
ngoma y’uwakurikiyeho, ariwe Cyirima
I Rugwe, u Rwanda rwiyongereyeho u Buriza n’u
Bwanacyambwe. Ku ngoma ya Kigeri I Mukobanya
(hari abemeza ko uwo Mukobanya na murumuna
we Sekarongoro bari ibikomangoma by’i
Bugesera, bakaba rero bari Abahondogo) niho
habaye igitero cya I cy’Abanyoro (baturutse
mu bunyoro ho muri Uganda; bari bakomeye kandi
bangije u Rwanda bikabije) bayobowe n’umwami
wabo Cwa I. Icyo gihe byari mu by’1520,
akaba ari nabwo Mibambwe I Sekarongoro yakomerekejwe
n’umwambi mu gahanga, bamuhimba igisingizo
cya “Mutabazi”.
2.
Igitero cya II cy’Abanyoro n’itsindwa
rya Nduga
Mu myaka yakurikiye urwimo rwe, Mibambwe I Sekarongoro
I Mutabazi I yihatiye kwigarurira Nduga (ubundi yari
atuye Gasabo, nyuma ajya mu Bumbogo). Nduga y’Ababanda
iranga imubera ibamba. Ku Mugina wa Jenda, mu Kona
ka Mashyoza n’i Kigorora (hose ni ku mayaga),
mu rugamba rumwe hagwa Abacengezi b’u Rwanda
batabarika. Bavuga ko uwo Mibambwe I yakoranyije
ingabo agatera i Nduga hakamunanira neza. Arongera
agabayo abatabazi b’abacengeri: Gatambira ka
Mibambwe I nyine aza ariwe, agwa mu Rugondo rwa Tambwe,
ho mu Nduga.
Ibyo
aribyo byose Mashira nawe yohereje ibitero
mu Rwanda byambuka Nyabarongo. Hari n’icyari
kigabwe n’umuhungu we witwaga Ngoga,
kigera mu Muhanda wa Nzovi, hasi ya Nyamweru
(muri Komini Shyorongi). Uwo Ngoga ngo yaharanduye
ikimana (ikivumu cy’umuterekero) cyo
gutsinda Nduga Mibambwe yari yarahateye.
Mashira
amaze kunanirana, Mibambwe I Sekarongoro arazibukira
iby’imirwano aba abishyize iruhande,
maze ingoma y’Ababanda irasugira. Nibwo
rero Mibambwe I yigiriye imigambi yo kugirana
imimaro (amasezerano yo kutarwana ) na Mashira;
biremezwa Mashira aba umwami wa Nduga. Nyuma
yaho imishyikirano yarakomeye, ndetse haziraho
no gushyingirana. Nuko Mashira arongora Nyirantorwa,
umukobwa wa Mibambwe I, Mibamwe uwo nawe ari
we “Semutakirwa Semutambanashakwe, umwami
w’i Mbirima na Mutovu” (ho muri
Komini Musasa), arongora “Bwiza bwa Mashira
budashira irora n’irongorwa” :
ngo yari mwiza atagira uko asa; naho Gahindiro
ka Mibambwe I arongora Nyankeri ya Mashira
(twibuke ko habayeho ba Gahindiro batatu bakomoka
kuri ba Mibambwe I, II, III).
Nyuma y’ubwo busabane buvanzemo politiki, ni ho
hadutse igitero cya kabiri cy’Abanyoro. Mibambwe
I yagerageje kwitabaza Bugesera, Gisaka na Nduga ibyo
bihugu byanga kumutabara. Nuko Mibambwe abonye yugarijwe
n’Abanyoro kandi u Rwanda rwe rumaze gusibama,
ahitamo guhunga, ahungana n’ingabo n’abaturage
ndetse n’amatungo, berekeza mu Bushi (mu bya Bukavu
y’ubu). Mu mirwamo arahagwa Forongo mwene Mibambwe
I, maze abarirwa mu batabazi. Abanyoro batera n’i
Gisaka, ariko ntibyakomera; batera u Bugesera umwami
Sengano arahagwa. Bakurikirana Mibambwe I ariko bagenda
intage ari nako bacunga iminyago. Udusigisigi twabo dutura
mu majyepfo y’i Nduga, ahahindutse Indara (Indarirane
z’Abanyoro, ndetse aho hari n’inzu ubu yitwa “Abanyoro”ibakomokaho).
Mibambwe
I n’Abanyarwanda be bumvise ko Cwa I,
umwami w’Abanyoro yapfuye, barahunguka.
Mu ihunguka Mibambwe I yagiye asubira mu mararo
ye y’igihe yahungaga: ava i Remera rya
Kabagari (Komini Masango), anyura i Gitwe agera
i Nyamagana (Komini Tambwe). Arakomeza ajya
kwagira sebukwe akaba n’umukwe we Mashira
wari utuye i Nyanza icyo gihe. Mashira rero
yaje gusanganira sebukwe, ntacyo yikeka: arazimana.
Igihe bigeze hagati, baramufata, Mibambwe I
aramwica, amutsinda ahongaho i Nyanza. Ibyo
kwa Mashira birarimbuka, i Nduga itsindwa itsinzwe
noneho. Nuko bene Mashira barahashirira, n’ubwo
ubungubu hakiri abamwiyitirira.
• Ibyatumye
Nduga itsindwa
Ukwirara hamwe n'ikizere ngo kiraza amasinde. Mu by'ukuri
bivanze n'ubupfayongo. Dore nawe, Mashira ntiyari
abuze ingabo zikomeye kandi nyinshi, ariko we yahugiye
mu byo kubana neza no gushyingirana, mu gihe Mibambwe
I hamwe n'Abatutsi n'Abahutu b'abagaragu babo (ngo
abenci bari Abasinga) bo bari bagamije politiki,
iyi idatinya kwica amasezerano, umubano no gutsemba
isano.
Ubugambanyi
bwa Munyanya. Munyanya yavaga indimwe na Mashira
mwa se wabo; yifatanyije na Mibambwe I mu kwica
Mashira.
• Inkurikizi
z'itsindwa rya Nduga
Itsindwa rya Nduga ni intambwe ikomeye cyane mu mateka
y'u Rwanda. Ibyo byatumye u Rwanda rubona aho ruhera
hagaragara, rutera utundi duhugu. Nduga yari isanganywe
ubutegetsi bufutuye, bukomeye.
Abanyanduga
bakomeje gushyamirana n'abanyiginya. Uburangare
ntibwabaye ubwa bose. Mu bitongero by'imihango
bagerageje kunga Nduga n'abayigaruriye bavuga
ngo: "tuza... nk'inono y'Abasindi na Kibanda".
Ni ukuvuga ngo: worohe nk'ifu y'inono ihuza
Abasindi (ni ukuvuga Abanyiginya) na Kibanda
y'Ababanda. Mu by'ukuri ngo no mu by'1930,
Ababanda bo mu Nduga bari bagicyurirana n'Abanyiginya.
Naho inshyuro z'Abanyiginya ari hamwe n'Abasinga
zigaragarira mu bisigo byo ku ngoma ya Cyirima
II Rujugira bibwirwa Muhabura, umusizi w'umubanda.
Hari
Ababanda benci batotejwe, maze bamwe mu batarapfuye
barahunga bagana mu Buriza, mu majyaruguru
y'u Rwanda n'ahandi. Hari abimukanye amazina
y'aho baturutse: Marangara (muri Komini Nyamutera)
Jenda (muri Komini Nkuri); hari na Jenda bimukanye
mu Bunyambiriri (Gikongoro).
Nduga
yabaye umutima w'u Rwanda rw'Abanyiginya: abami
barahikunze baharema imirwa myinshi, nyuma
ibitero byinci byakwiriye impande zose z'u
Rwanda rw'icyo gihe, byitwaga ko bigabwe n'Abanyenduga,
baba Abatutsi baba Abahutu.
Abanyanduga
banze kwibagirwa Mashira wabo: baramuterekereye,
bararimba bamushyira mu mubare w'imandwa, naho
Abatutsi n'abagaragu babo bagumya kumusebya,
bagabanya agaciro ke. Nyamara ngo yaba yari
igihangange gishishikajwe no kwagura igihugu
no kugitegeka neza.
U
Bwanacyambwe bwigaruriwe n'Abagesera Abazirankende:
Mibambwe I amaze guhunga Abanyoro no kwica
Mashira yatuye mu Nduga. U Bwanacyambwe bwari
bwarometswe ku Gisaka mu gihe cy'abami bane
bo mu Rwanda: Yuhi II Gahima, Ndahiro II Cyamatare,
Ruganzu II Ndori, Mutara Semugeshi. Icyo gihe
cyose, urubibi rw'i Gisaka rwari umugezi wa
Nyabugogo n'uruzi rwa Nyabarongo mu majyaruguru
y'u Bwanacyambwe. Byageza n'aho umwami w'i
Gisaka, Kimenyi II Shumbusho, aza gutura ku
murwa wa Kigali. Abami b'u Rwanda babonye ko
badafite amaboko yo kurwanya Gisaka, barekera
iyo kugeza kuri Kigeri II Nyamuheshera ( mu
by'1770).
3.
Uko u Rwanda rwaguwe kuri Yuhi II Gahima
kugera kuri Kigeri IV Rwabugiri
YUHI
II GAHIMA (1552)
Yuhi II Gahima bakunze kumuranga bamusingiza ngo : “Yuhi
ryo mu Karambo ka Rukore” (aho ni mu Busigi, hakurya
ya Rulindo). Bavuga ko se Mibambwe I wari utuye i Remera
ryo mu Buriza hateganye n’u Busigi ari ho, yari
atungiye Shetsa umugore we w’inkundwakazi, yageze
aho akajya mu Karambo ka Rukore, akarongora Matama ya
Bigega ariko rwihishwa. Nibwo Matama uwo abyaye Gahima
wabaye Yuhi II. Yuhi Gahima yatangiye ashimangira ubutegetsi
bw’abatutsi mu Nduga. Hanyuma yatangiye kugaba
ibitero byo kunyaga inka n’abagore mu burengerazuba
bw’u Rwanda rw’ubu : yashinze umurwa i Nzaratsi
mu Nyantango hafi ya Nyabarongo, asingira u Bwishaza
ndetse agera no mu Rusenyi. Aho hose baramurwanya ntiyahamara
kabiri. Mu burasirazuba habaye ibitero byo kunyaga mu
Buganza bureba Mubari. Mu majyepfo yateye u Bungwe ntibyamuhira.
NDAHIRO
II CYAMATARE (1576)
Mu bana ba Yuhi II Gahima, hari Bamara, Cyamatare, Juru,
Bwimba, Karangana, Mutezi, hakaba na Binama nyina
yari yarabyaye kuri Samukende, umwami w’u Bungwe.
Yuhi II Gahima yamaze gutanga, abo bana be barwanira
ingoma banga kuyoboka Ndahiro wa II Cyamatare, u
Rwanda rucikamo ibice bibiri: Juru yigarurira igice
cyo hakurya ya Nyabarongo (u Buriza), naho uburengerazuba
buyoboka Ndahiro. Juru amaze gupfa, kimwe na Mutezi
na Bwimba, Bamara ashaka gusimbura uwo Juru : kugirango
abigereho, yiyemeza gutatira abavandimwe, yitabaza
Nsubira Nyebunga, umwami w’umushi wari umaze
kwigarurira Ijwi.
Nsibura
Nyebunga atera u Rwanda rwa Ndahiro II Cyamatare,
urugamba rw’injyanamuntu ruremera i Gitarama.
Ndahiro wa II Cyamatare arugwamo ahitwa Rugarama,
yambutse umugezi wa Kibirira. Aho niho bise “i
Rubi rw’i Nyundo”, kuva ubwo, kwambuka
uwo mugezi biba umuziro ku witwa umwami wese.
Umugabekazi n’abaja n’abandi bagore
barafatwa bicwa urubozo, kuva ubwo aho biciwe
hitwa “Mu miko y’abakobwa”.
Ingoma y’Ingabe Rwoga ababisha barayivugana.
Ubwo u Rwanda rwasaga nk’urugiye kuzima,
amacakubiri yo kurwanira atuma abantu basigaye
bacura imiborogo, amapfa aracana, ibintu biradogera,
ngo ndetse inka ntizaba zikibyara, inkoko ntizaba
zigituraga.
RUGANZU
II NDORI (1600)
Bamwe bavuga ko Ruganzu II Ndori ari mwene Ndahiro II
Cyamatare, akaba yaragiye kubundira kwa nyirasenge
Nyabunyana wari warashatswe na Karemera Ndangara
ya Ruhinda, umwami w’i Karagwe k’Abahinda.
Ngo maze mu gihe u Rwanda rwari rugeze mu kaga rugeze
aharindimuka, arahagoboka Kavuna Karyankuna wemeye
kwitangira igihugu, agenda ararika abantu b’ingenzi
bari hirya no hino ngo bamufashe kujya gushaka uwakura
u Rwanda habi, hose akagenda avuga ati : „...sindushye
ndashonje“. Nuko bakamuzimanira. Amaherezo
Kavuna agera i Karagwe, atekerereza Ndori uko u Rwanda
rwononekaye, amubwira ko hari abiteguye kumwakira.
Amaherezo Ndori arabunduka (ava aho yari yarabundiye:
mu rwihisho) yambuka Akagera. Naho Kavuna wari warasigaye
inyuma ageze ku ruzi asanga Ndori yari yarabwiye
abasare ngo ntibazamwambutse. Kavuna nawe abibonye
atyo, yibuka umuruho yagize, afata umuheto we n’imyambi
abivunira ku ivi agira ati : „uyu muruho nagize
ugapfa ubusa, abagabo b’i Rwanda bazawuruhe,
abagore n’abakobwa bazawuruhe, abahungu bazawuruhe“.
Ngaho aho byavuye kuvuga ngo „kuruha
uwa Kavuna“ (kuruhira ubusa nta nyiturano).
Abandi
bati Ruganzu II Ndori ni Umuhinda wateye u
Rwanda rwaragirijwe, ararwigarurira, ariko
bitamworoheye. Bityo yadukana inzu nshya ya
kabiri y’ubwami iturutse ishyanga nk’uko
Kigeri I Mukobanya na Mibambwe I Sekarongoro
Mutabazi bari Abahondogo.
Uretse
rero kutamenya neza inkomoko ya Ruganzu II
Ndori, banamwitirira ndetse byinci : Kuvuga
ko Ndori yabundiye kwa Karemera Ndagara ya
Ruhinda. Yitirirwa ibuye rya Bagenge (Komini
Nyarutovu), ngiryo iteme ry’amakoro kuri
Rusizi, ngibyo ibibugurizo ku bitare (ibisoro),
ngayo amajanja y’imbwa za Ruganzu, n’ibindi.
Bamwitirira
byinci, ndetse biruta ibyo bitirira Gihanga.
N’ibihugu bavuga ko yagaruye akabyomeka
ku Rwanda, ahari ni icyitiriro. Ngo yatsinze
ibi bikurikira : ibihugu biri hagati ya Crête
Zaire-Nil n’ikiyaga cya Kivu kugera ku
mugezi wa Rusizi (Cyangugu); Ijwi (ngo yanateye
mu Bushi, ariko ntiyabugaruye); u Bugoyi hamwe
n’ibihugu biri inyuma y’ibirunga;
u Bugara aho yishe umwami Nzira ya Muramira
hamwe n’umugabekazi waho; u Burwi aho
yishe Nyaruzi rwa Haramanga mu Mukindo wa Makwaza,
Nyaruzi aba atyo umwami wa nyuma w’ingoma
y’Abarenge.
Icyo
gihangange Ruganzu, bamwe bavuga ko cyivuganywe
n’Abahutu b’i Bwishaza, abandi
bakavuga ko yarasiwe mu Rusenyi. Ibyo aribyo
byose, bamurashe umwambi w’ingobe wahuranya
ijisho, nuko abantu baramuheka bamugeza mu
Matyazo ya Nyantango (muri Kibuye). Ngo aho
hari hatuye abacuzi bashoboye gukuramo uwo
mwambi, ariko Ruganzu II Ndori arahagwa. Aho
yaguye hitwa „ku Muciro wa Rusenge“ (aho
yaciriye). Umulyango w’abamukuyemo umwambi
witwa „Abakuro“, bakaba Abatsobe.
Uwo Rusenge yari umugaragu wa Ruganzu II Ndori
kandi yari Umuhutu. Ngo yarahiyahuriye yanga
gukomeza kubaho kandi shebuja amaze gupfa.
Uko kwiyahura gutyo bakuvuga no ku ngaboz’intwari
z’uwo mwami zicanye zisogotana amacumu
zitwaga Ibisumizi: zaguye mu Butansinda bwa
Kigoma na Muyange muri Gitarama. Izo ngabo
zabarirwaga hamwe n’izindi zitwaga Ingangurarugo,
Udusambi, Abaganda (ni ukuvuga abacura).
Ruganzu
uwo bavuga ko ariwe wahanze ingoma y’Ingabe
Karinga ngo isimbure Rwoga yari yaratwawe na
Nsibura. Banavuga ko igihe cye ari ho imandwa
zadutse mu Rwanda ziyobowe na Ryangombe umukuru
wazo. Nyamara imandwa zigomba kuba zari zisanzwe.
Ruganzu II Ndori ngo bamutabaje i Butangampundu
mu Buriza (Kigali) hari hagenewe abami baguye
ku rugamba cyangwa bakindutse.
MUTARA
II SEMUGESHI (1624)
Abiru bemeza ko ariwe mwana wenyine wa Ruganzu II Ndori.
Ngo yabanje kwima nabi nabi mu buryo budakurikije
amategeko kandi yitwa Bicuba (izina rye ry’ubwami).
Ngo hanyuma umwiru witwa Mpande ya Rusanga (wavutse
iruhenda rw’imfizi y’ibwami yitwaga Rusanga)
aza kumwimika neza noneho umwami yitwa Mutara I Semugeshi.
Birumvikana ko hari ikintu cy’igihu kitumvikana
iyo umuntu ashatse kumenya uko yagiye ku ngoma. Yometse
ku Rwanda igihugu cy’Abenengwe cyari kigizwe
n’u Bungwe, u Bufundu n’igice cya Busanza.
KIGERI
II NYAMUHESHERA (1648)
Yabaye umurwanyi cyane hamwe n’ingabo ze zitwaga
Inkingi. Byatumye yungura u Rwanda yigarurira uturere
dukurikira : Kinyaga cya Bukunzi na Busozo, u Bwanacyambwe
bwari bwarajyanwe na Gisaka (Ndorwa yari yarateye i Gisaka
ikiganziriza ku Muzizi wa Ryamanyoni muri Komini Rukara,
maze Kigeri II arwanya Ndorwa arayinesha iva mu Gisaka,
inyiturano iba ko i Gisaka cyashubije u Rwanda u Bwanacyambwe
bwarwo), yigaruriye n’u Buberuka hamwe n’uturere
turi inyuma y’ibirunga.
MIBAMBWE
II SEKARONGORO II GISANURA (1672)
Nta gihugu yongeye ku Rwanda. Ahubwo azwiho ubwitonzi,
kugira ubuntu, guha amata abakene begereye ibwami.
Ibyo byatumyebamuhimba igisingizo bamwita “Rugabishabirenge”.
Azwiho no kuba umucamanza utabera kandi wangaga ibihano
bidakwiye umuntu.
Umunsi
umwe, Gisanura yabajije abatware be igihano
gisumbye ibindi, buri wese agenda avuga icye.
Umwami asanze bikabije, buri wese amuhanisha
icyo yagiye avuga. Nguko uko umwe wari watahuye
ko igihano cyiza ari ugusambura inzu ziri hafi,
bagacaniriza urutare iyo sakamburiro kugeza
aho urutare rutukura, noneho umugome bakarumushyiraho
agashirira. Ibyo byahimbwe n’umutware
witwaga Kamegeri. Umwami yasanze nta muntu
mubi (w’umugome) kurusha Kamegeri. Nuko
aca iteka ko uwo Kamegeri bamuhanisha icyo
gihano kibi yahimbiye abandi. Noneho baramuboha
bamujugunya ari muzima ku rutare bacaniriye
rwatukuye. Urutare ruramukaranga agenda arwibirinduraho.
Ngibyo iby’urutare rwa Kamegeri (ruri
munsi y’umuhanda hagati ya Ruhango n’ibiro
bya Komini Kigoma).
YUHI
II MAZIMPAKA (1969) NA KAREMERA RWAKA (1728)
Ku ngoma yabo nta gihugu kizwi cyongewe ku Rwanda rw’icyo
gihe.
CYIRIMA
II RUJUGIRA (1744)
Uwo mwami yabaye umutegetsi uhamye n’umuyobozi
w’ingabo nyakuri. Yagaragaje ubuhanga bwo gukingira
igihugu, akabuza ababisha kukivogera. Amaze gutsinda
abaharaniraga ingoma, yagize ikibazo gikakaye : u Burundi,
u Bugesera, i Gisaka n’i Ndorwa byibumbiye hamwe
ngo byagirize u Rwanda.
Dore uko yabigenjeje : Icya mbere ni
uko yumvishije rubanda ko bagomba kurinda ubusugire bw’igihugu,
ngo ndetse kubera iyo mpamvu yashyize rubanda mu ngabo
kugirango yumvishe neza agaciro n’akamaro ka rubanda. Icya
kabiri ni uko urwo ruhare yahaye rubanda rwatumye
ashobora kurema imitwe y’ingabo cumi n’umwe
kandi ihamye, ayikwirakwiza ku mupaka w’u Rwanda
n’u Burundi. Dore zimwe mu ngerero yashyizeho :
ingabo zitwaga Indara, Imvejuru, Inyakare, Inyaruguru,
zahaye amazina yazo uturere zari zirindiyemo, mu bya
Gakoma hari Ababanda, i Mututu hakaba Abarima. Hari n’izindi
ngabo yari afite : Ababito, Intarindwa, Abadahemuka,
Igicikiza, Imanga, Abakemba, Indirira. Bityo yashoboye
guhigika u Burundi, hanyuma ingabo ziyobowe n’umuhungu
we Sharangabo zitera i Gisaka naho Ndorwa iterwa n’iziyobowe
n’undi muhungu we Ndabarasa, wahateye ataraba umwami
akanahagarura amaze kwima. Kuva ku ngoma ya Cyirima II
Rujugira niho imvugo yakwiriye ngo “u Rwanda
ruratera ntiruterwa”.
KIGERI
III NDABARASA (1768)
Itsindwa rya Mubari (mu Mazinga : muri pariki Akagera)
Igihugu cy’u Mubari cyatsinzwe nka Nduga, kuko
hombi habaye ubucuti bw’amayeri, gushyingirana
no kurwanisha intwaro. Kigeri III yijeje ubucuti Biyoro,
umwami w’u Mubari kandi amushyingira umukobwa we
witwaga Nyabugondo. Bukeye Kigeri III atumira umukwe
we Biyoro na Nyirabiyoro. Mu gihe bagiye kumureba, bagwa
mu gico cy’abo kwa Kigeri III, Nyirabiyoro arafatwa,
Biyoro ashobora kubacika ahungira i Karagwe. Kigeri III
nibwo yihanije umwami w’i Karagwe, nuko uwo mwami
atanga Biyoro, Kigeri III yica Biyoro n’umugabekazi
Nyirabiyoro.
Itsindwa rya Ndorwa y’Abashambo
Kigeri III Ndabarasa yamaze gutsinda Ndorwa (akoresheje
intambara), maze arahaba biratinda, ari ukugira ngo Ndorwa
itabyutsa umutwe. Uwo mwami yaguye ku itabaro (yabaye
nk’ukinduka, urwo yazize ntibaruvuga).
MIBAMBWE
III MUTABAZI III SENTABYO (1792)
Ku ngoma ye itararengeje imyaka itanu, ni ho u Bugesera
bwatsinzwe. U Burundi bwateye u Bugesera, butwara
igice kimwe, u Rwanda narwo ruratera, rutwara igisigaye,
n’uko ingoma y’Abahondogo iganzwa ityo.
MUTARA
II RWOGERA (1830)
Mu Rwimo rwe ingabo z’u Burundi zateye u Rwanda
zirutunguye zinjira bikabije mu gihugu mu Mvejuru. Abanyarwanda
bazitaye mu rukubo barazitsemba. Igitero cya Mutara II
Rwogera cyarwanyije abo barundi bacyise “Igitero
cya Rwagetana”(kugeta bivuga gutema ugakuraho).
Na none ku ngoma ya Rwogera, ni ho i Gisaka (cyari gitinyitse
kugeza icyo gihe) cyagaruwe n’u Rwanda mu by’1850.
Iryo tsindwa ryaturutse ku mpamvu ebyiri : iya mbere
ni umwiryane mu bikomangoma by’i Gisaka watumye
icyo gihugu cyicamo ibice bitatu : Migongo, Gihunya na
Mirenge. Impamvu ya kabiri ni ubuhanga bwo kuboneza imirwano
bwa Mutara II Rwogera : gutera intara za Gisaka imwe
imwe, gutegura no kugaba igitero mu ibanga no kohereza
yo ingabo z’indobanure : Ababito, Abashakamba,
Imvejuru, Intaganzwa, Inzirabwoba, Urukamba n’Uruyange.
KIGERI
IV RWABUGIRI (1860)
Uwo mwami yimye akiri muto (hagati y’imyaka irindwi
n’icumi) ni yo mpamvu ibitero by’ibanze ari
nyina Nyirakigeri Murorunkwere wabiyoboraga. Ku ngoma
ye habaye ibitero byinci, ahanini byari bigamije guhamya
ubutegetsi ahari haraguwe vuba, dore ingero : Ijwi, Ndorwa,
Gisaka. Ikindi ibyo bitero byari bigamije ni ukwagura
u Rwanda (ariko nta kiyongereyeho) mo kunyaga inka n’abaja.
Bimwe
mu by’ingenzi biranga ingoma ye ni ibi
: gukaza intambara zo kurengera no kwagura
u Rwanda (yakundaga intambara, ku buryo mu
bisingizo bye harimo icy’”Inkotanyi
cyane” na “Rukayababisha”,
gutunganya ubutegetsi bw’igihugu : imirwa
hirya no hino, kudatinya kwica abakomeye kabone
n’aho baba ari ibikomangoma nka Nkoronko,
kwegera rubanda akabatoramo abatware b’abatoni
no kugabira intwari iminyago).
• Ibiranga
ingoma nyiginya n’ibishyitsi byayo
1.
Ubwami n’umwami
Ubwami ngo bukomoka kuri “Gihanga cyahanze
inka n’ingoma”. Dukurikije ibivugwa
mu migani ku mavu n’amavuko y’Abatutsi (imigani
bise ibirari) bavuga ko abasekuruza ba Gihanga bakomoka
kuri Kigwa (ngo wamanutse mu ijuru). Naho umwami ngo
si umuntu ni Imana, kandi ngo Rurema niyo imuhitamo.
Hari n’amazina y’ibisingizo bamuhaga. Amwe
ni aya : Umugabe (nyina akitwa umugabekazi), Nyiringoma,
Nyirigihugu, Nyiringabo, Nyirinka, Nyabami (umwami w’abami),
Nyagasani (utanga ihirwe cyangwa umugisha), Sugu (mu
bisigo bivuga usumba byose), Nyamugirubutangwa (uca urubanza
rudakuba). Umwami yagombaga gutegekana na nyina, nyina
yaba atakiriho akagira umusimbura akaba nyina mu bwami
(bigomba kuba byarabaga ighe cy’iyimikwa gusa,
kuko Murorunkwere, nyina wa Rwabugiri, yapfuye ntihagire
umusimbura).
2.
Ibimenyetso by’ubwami (babyitaga ‘Inyonga’)
Ikirangabwami cy’ibanze cyari ingoma y’ingabe
Karinga. Ngo ikirangabwami cy’ibanze ku ngoma ya
Gihanga cyari inyundo, hanyuma kuri iyo ngoma himikwa
urusengo (nka bene izi bavuza) rwitwaga Nyamiringa. Mu
by’1950 urwo rusengo rwari rukiriho ibwami. Nyuma
y’urwo rusengo, ngo Gihanga yimitse ingoma Rwoga
aba ariyo iba ingabe. Ibyo byose ariko ni ngo baba babyitirira
Gihanga ngo kuko Rubunga igisekuruza cy’abiru b’Abatege
b’i Remera rya Kabagari ari igisekuruza cya 16
cya Sezibera, umwami uherutse w’abo biru wari ukiriho
mu by’1970. Ngo ntaho ahuriye rero na Gihanga rero,
n’ubwo bavuga ko ko ari we wahishuriye Gihanga
ubwiru bwo mu Basinga n’ibyerekeye ingoma z’ingabe
nka Rwoga. Iyo Rwoga yatwawe n’Abashi ighe Ndahiro
II Cyamatare yishwe. Hanyuma hima ingabe Karinga bitirira
Ruganzu II Ndori. Muri politiki y’ibwami, ingoma
y’ingabe nka Karinga yasumbaga byose, igasumba
n’umwami, kuko yagombaga kuyitabarira byaba ngombwa
akayipfira.
Ibindi
bimenyetso by’ubwami ni Inyundo (yo gucurisha)
n’Umuriro. Ku byerekeye Inyundo baranavugaga
ngo hariho “Inyundo yacuze Abami”.
Naho umuriro wo wagombaga guhora ucanye, kuko
washushanyaga “uburame” bw’ubwami.
Mu mihango yo kwimika, umwami n’umugabekazi
baherezwaga Inyundo, Karinga, Nyamiringa, ubushingo
bwo gucana umuriro, kandi bakibutsa ko ubwo
ari we wavukanye Imbuto (za zindi enye : Uburo,
Amasaka, Isogi n’Inzuzi), agomba kugwiza
uburumbuke mu gihugu.
3.
Ibishyitsi by’ubutegetsi bwa cyami
Ibishyitsi (inkingi) by’ingenzi by’ubwami
bw’Abanyiginya ni bitanu. Muri byo umuntu aribanda
cyane cyane ku murongo wa politiki ya cyami.
Igishyitsi
cya mbere ni inka : kuva kera cyane, zongeraga
abagaragu (ubuhake), bityo ingabo zikiyongera,
bigatuma nyirazo agira amaboko.
Icya
kabiri ni ingabo zigomba kuba nyinci, zigomba
no kuba ziyemeje gupfira Karinga.
Icya
gatatu ni ikoro ryari rifite akamaro ku bulyo
bubiri : hari ugutunga abadahinga bagashobora
guhugukira politiki, imyidagaduro n’intambara
kandi rigatuma abakobwa n’abagore b’imfura
badakora imirimo ivunanye nko guhinga, kuvoma
n’ibindi, hari no kugaragaza ko abatangaga
ikoro bayobotse maze umwami akagabura ibya
rubanda, maze agakunda akitwa “umunyabuntu”.
Icya
kane ni ububasha bwo kwica ugakiza : umwami
n’umugabekazi bari bafite uburenganzira
bwo kwica no kuzimya inzigo.
Icya
gatanu ni umurongo wa politiki ya cyami.
4.
Umurongo wa politiki ya cyami
-
Ku byerekeye ubwami
Ububasha
n’ubutegetsi bwa cyami buri mu ngoma
y’ingabe Karinga: bityo rero Karinga
isumba umwami. Umwami si umuntu nk’abandi:
ari ukwe kuko aba yaratowe na Rurema. Umwami
asimburwa n’umuhungu we gusa kandi akava
mu bwoko bw’Abanyiginya, banabita Abasindi
ahari kuko bakomoka kuri Yuhi I Musindi, cyangwa
Abaroba kuko kuko bakomoka ku mwami Ndoba.
-
Ku byerekeye igihugu
Igihugu
kigomba kwagurwa byanze bikunze. Iryo niryo
shingiro ry’ibitero bigenewe kwagura
igihugu. Mu by’ukuri kwari ugushaka gusubiranya
igihugu kigari cya Gihanga cyari kigizwe n’u
Rwanda, u Burundi, u Bushi, u Bugoyi, i Ndorwa,
i Gisaka, u Bushubi…bikabumbirwa hamwe
maze bigatwarwa n’umwuzukuruza wa Kanyarwanda
ka “Gihanga Ngomijana”.
Bityo rero “igihugu ni icy’umwe” (iyo
yari imvugo yo mu bwiru).
-
Imirimo y’ingenzi y’ubwami
Iyo
mirimo yari igamije gutunganya ibi bikurikira
: icya mbere ni uburumbuke bw’imyaka
n’ubwororoke bw’abantu n’ubw’amatungo.
Ibyo bikaba byari bishinzwe abami bitwa Mutara
na Cyirima. Icya kabiri ni uburame bw’umwami
bwagaragazwaga n’umuriro : umuhango wo
gucana umuriro wari ushinzwe abami bitwaga
Yuhi. Icya gatatu ni itabaro (ni ukuvuga kugaba
ibitero no kurwana ku gihugu cyatewe): uwo
wari umurimo w’abami bitwa Kigeri cyangwa
Mibambwe (kera Ndahiro na Ruganzu babarirwaga
muri abo).
-
Umurongo wa politiki nyabami
Uwo
murongo wagombaga kwamamazwa no gukwirakwizwa
ibwami no muri rubanda. Ibwami wamamarizwaga
mu bitekerezo, ubwiru, ubucurabwenge, ubusizi
n’ibindi.
Ibitekerezo
: Byavugaga amateka uko agomba gukurikirana,
cyane amazina y’abami (ay’abatabashimishije
ntabarirwemo : byagaragaye kuri Karemera
Rwaka, sekuruza w’Abaka, no kuri Mibambwe
IV Rutarindwa waguye ku Rucunshu).
Ubwiru
: Bwari ubuhanga n’ubugenge
bwo kugena politiki hamwe n’imihango
ibushyigikira. Ubwiru kandi bwari ibanga
rikomeye, bigatuma rubanda rwumirwa, rugashya
ubwoba. Abiru barimo Abatutsi n’Abahutu.
Abakijijwe cyane n’uwo mwuga, bakongeraho
kuba intwari ku rugamba, baragororewe birabakiza,
bityo begera imfura, ndetse bashyingira n’umwami.
Ikindi ni uko abiru bose batareshyaga.
Ubucurabwenge
: Bwarimo kurondora udasobwa amasekuruza
y’abami (izina ry’ubwami n’irye
bwite) n’ay’abagabekazi bakanavuga
ubwoko bw’abo bagabekazi n’ubwa
ba nyina. Baheraga ku mwami uriho bakarangiriza
kuri Nkuba (ariwe Shyerezo) bagira bati : “ngaho
iyo mwama mukuru wa Samukondo mu mizi yanyu
mikuru”. Hari abavuga ko ubucurabwenge
ari “Gotha” yo
mu Rwanda: ni nk’igitabo gihuriza hamwe
imiryango ikomoka ku bami n’iy’ababashyingiye
(niyo bitaga iy’ibikomangoma, imfura
cyangwa Abatutsi b’izina). Biragaragara
ko ubucurabwenge bwarimo politiki yo kwironda
no kwimenya. Na none abami batashimishaga
barahanagurwaga, kuko Abatekereza b’ibwami
bakuraga bene abo bami mu murongo wemewe,
bagasa n’abatarigeze bategeka u Rwanda.
Ubusizi
: Bwabarirwaga mu bwoko bw’imivugo
yari igenewe gusingiza umwami (ibisigo),
inka (amazina y’inka), intambara (ibyivugo
n’indirimbo z’ingabo). Muri ubwo
bwoko bw’ibyivugo, ubw’ingenzi
mu gukwirakwiza ibitekerezo by’umurongo
wa politiki ni ubw’ibisigo.
Mu
magambo make, gusingiza umwami uhagaze n’abo
yasimbuye kimwe n’ingoma Karinga, byagendaga
ahanini mu bulyo bukurikira (ni zimwe mu ngingo
dusanga mu bisigo) :
- Iyimikwa ry’umwami rirogezwa,
- Imirwa y’abami ikaratwa , ababangamiye umwami
mu Rwanda bakamaganwa (ngo:“urabicembigambe”),
- Ikinnyego gihebya ababisha (b’ishyanga),
- Akamaro kagizwe kandi kagomba kugirwa n’abatabazi
n’abacengeri,
- Umutsindo w’u Rwanda iyo rwateye amahanga,
- Amatiku, amahugu y’inka cyangwa inzuri n’amagomerane
y’abantu umwe umwe cyangwa imiryango ibyo byose
byabaye impamvu (intandaro) yo gusiga.
Umusizi
yari umukozi w’ibwami wemewe. Kubera
ibyo, akagira umwanya umugenewe mu mutambagiro
wo mu mihango y’ubwiru (nko mu mihango
yo kwimika umwami).
Muri
rubanda, umurongo wa politiki wamamarizwaga
mu migani no mu butegetsi bw’igihugu.
Muri ubwo butegetsi, umwami yari afite abatware
bamuhagarariye. Akenshi abatware bo mu rwego
rwo hejuru (umutware w’ubutaka, umutware
w’umukenke n’umutware w’ingabo)
babaga ari Abatutsi. Ariko rero ku ngoma ya
Rwabugiri, uwo mwami yagiye ashyiraho n’Abahutu
yasangaga ari ingirakamaro kubera ubutwari
cyangwa ikindi gikorwa gikwiriye ishimwe. Muri
abo batware b’abahutu bo rwego rwo hejuru
kandi babaye abatoni ku ngoma ya Rwabugiri,
twavuga aba bakurikira : Bisangwa na murumuna
we Sehene, Bikotwa, Runiga na mwene wabo Nyiriminega,
Seruteganya, Nzigiye n’umuhungu we Rwatangabo,
Rusine n’umuhungu we Rubindo, Ndarwubatse
n’umuhungu we Kanyonyomba, Kazanenda,
Ndongozi, Runyange, Mugenzi, Rubago, Ntamuhanga
(i Bwisha inyuma y’ibirunga). Abo bose
bakwirakwizaga icyubahiro n’ishema bikwiriye
umwami.